Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 nibwo hamenyekanye inkuru ibabaje y’urupfu rwa Perezida wa Tanzania Magufuli witabye Imana azize uburwayi.
Iyi nkuru y’incamugogo yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Tanzania birimo Citizen TV ko Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli yitabye Imana azize indwara y’umutima.
Televiziyo y’igihugu cya Tanzania ni yo yatangaje aya makuru ko Magufuli yaguye mu Bitaro bya Dar es Salaam aho yaramaze iminsi mike arwariye akurikiranwa n’abaganga. Visi Perezida wa Tanzania nawe yemeje aya makuru y’urupfu rwa Magufuli,
Mu minsi ishize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko Perezida Magufuli yaba arembye babishingiraga ko yaramaze iminsi atagaragara mu ruhume, Umugabo witwa Tindu Lissu utavuga rumwe na Leta yari iyobowe na Perezida Magufuli yibajije impamvu ibiro by’umukuru w’igihugu bitabwira abaturage ba Tanzaniya uko umuyobozi wabo amerewe bikagera n’aho abantu batangira kwishakira amakuru.
Bwana Tindu Lissu yagize ati” ubusanzwe ubuzima bw’umukuru w’igihugu ni ikintu gihangayikisha abaturage, ubwo uwahoze ari Perezida Kikwete yarwaraga kanseri ya porositate twarabibwiwe, ubwo Mkapa yajyaga hanze guhindurirwa urubavu kubera uburwayi twarabibwiwe, ndetse twabwiwe ubuzima bwa Mwalimu uko bwari bumeze ariko bigera kuri Magufuli bakanuma”
Tindu yemezaga ko ibitangazwa ku mbuga nkoranyambaga ari ukuri kuko ngo ibitaro Magufuli yari arwariyemo umutekano wari wakajijwe bityo bikerekana ko ibyo abaturage bakeka byaba ari ukuri.
Twabibutsa ko Perezida Magufuli yavuzwe mu bitangazamakuru cyane kubera kubuza abaturage be kubahiriza ingamba n’amabwiriza yo kwirinda covid-19. Imana imuhe iruhuko ridashira.